2013 Kinyarwanda
2013 Kinyarwanda
Abasokuruza bacu barebye kure igihe bagize bati: “Umugabo agirwa n’umugore, umugore
agirwa n’umugabo, abana bakagirwa n’ababyeyi”. Abagize urugo, bafatanya imirimo nta
gusiigaana kuko batahiriza umugozi umwe. “ Abantu ni magirirane.” Twese turakenerana .
umwana avuka ari umuhungu cyangwa umukobwa. Bombi barakenewe mu muryango;
umuhungu yishimira kugira mushikiwe, uyu na we agashimishwa no kugira musaza we bava
inda imwe. N’ubwo imiterere y’imibiri yabo itandukanye, bombi barakenewe kandi
baruzuzanya: abakuru n’abato, abarebare n’abagufi, abananutse n’ababyibushye… ibyo kandi,
babigaragazaga mu dukino twabo: aho umwana w’umukobwa yahekaga umwanana; na ho
agahungu kagakina kabumbabumba inzu, karasana cyangwa karwana.
Batera ababyeyi ishema, ubwuzu n’ubugwaneza; n’ubwo ibibazo biterwa n’abana mu rugo
bitabura. Abakurambere bacu, batsimbararaga ku bahungu kuko babatumaga i Bwami no
kubacungura ku rugamba; kubasimbura mu mirimo y’imbaraga, bakabazungura baragwa
ibyabo, iyo bitabaga Imana. Ngo “ibyaye ikimasa, yicungura amaraago”. (uducumu duto
barasaga imfizi ikava amaraso bakayivura indwara zimwe na zimwe).
Ariko muri rusange, umubyeyi yifurizwaga kubyara aban b’ibitsina byombi. Ni bwo
umunyarwanda yagiraga ati: “nkwifurije kubyara hungu na kobwa.” Byari ukwagura
umuryango. Iyo yumvaga uwinubira kubyara igitsina kimwe, byaviragamo ababyeyi kera
gusendwa nta mperekeza yagiraga ati: “Tuuza, umwana ni nk’undi, inguumba zirarira. Gupfa
utabyaye ni agahinda!”
Habayeho abagore babaye intwari mu Rwanda rwa kera: barimo Robwa mushiki wa
Ruganzu I Bwimba (ikinyejana cya 14), washyingiwe Kimenyi I Musaya, watabariye igihugu ke,
bigatuma i Gisaka kigera aho gitsindwa burundu. Muri rubanda Ndabaga wa Nyamutezi mu
Bwishaza (wabayeho ku ngoma ya Kigeri III Ndabarasa mu myaka ya 1708-1741) witoboje
amabere, akitooza kumaasha no kwiyereka butore, agasimbura se ku rugerero. Mu rwego
rw’intwari ubu twibuka ku itariki ya 1 Gashyantare habonekamo amazina ya Uwiringiyimana
Agata na Niyitegeka Felisita bahitanywe na Jenoside yakorewe abatutsi muri Mata 1994.
Ubusanzwe umugore yabaga igicumbi cy’urugo. Twibuke wa mugani ugira uti: “umugore
ni umutima w’urugo. Yarangwaga no kurubungabunga akita ku barubamo bose. Umugabo
2
n’urubyaro, amatungo n’imitunga. Ngo “ukurusha umugore, akurusha urugo”. Ntacyo umugabo
yatangaga atabyemeye ngo babyumvikaneho. Mu misango isaba umugeni, agatangwa
n’ababyeyi, ba Nyirasenge na nyinawabo. Umugore yagiraga ibanga, akiyubaha, akazira
ubusinzi, ubwomanzi no kwitesha agaciro. Yubahishaga uwo bashakanye, abo babyaranye,
n’abarubarizwamo bose; aho akomoka n’aho yashatse. Gusenderwa ukwiyandarika, umwanda,
agasuzuguro, n’ubunebwe, byari igisebo aho avuka. Yarangwaga n’urugwiro akaba nyampinga
(agatabarana impuhwe abashobewe.) uburere cyane cyane ubw’umukobwa, bwabaga ari
umwihariko wa nyina. Nta mugayo kandi kuko umukobwa watwaraga inda y’indaro yasebyaga
; hari n’abo baciraga ku ijwi mu Kivu. Bahamyaga ko umwana ufite nyina ataba umupfayongo.
Abana be yabahaga ikizere: ntacyo bamuburanaga. Yarangwaga n’imbabazi zitagira urugero.
Bati “Nyina w’umuntu ni umuti uvura myambi” kandi “urusha nyina w’umwana imbabazi aba
ashaka kumurya.”
N’ubu kandi, uburere bw’abana bureba ababyeyi bombi. Bakeneye igitsure, icyuusa
n’ubuhwituzi bwa se, byuzuzwa n’urugwiro, ibyinirira, n’itetesha rya nyina ribahumuriza ariko
rizira kurera bajeyi, na “ciira aha nikubite”. Umwana agatozwa ikinyabupfura, ubumenyi
n’imirimo ikwiranye n’intege ze.
Mu gihe tugezemo, umwana w’umukobwa akeneye kwitabwaho nka musaza we nta nta
kurobanura no gutonesha. Ku bashakanye, tumenye ko “rwubaka babiri”. Ko ntazibana
zidakomanya amahembe, kandi ngo inkuba ebyiri ntizihindira mu gicu kimwe, burya kubana ni
ukwihanganirana. Ni cyo gituma bamwe bashinyiriza bashira, bagatebya bagira bati: “zirara
zishya bwacya zikazima. Ni uko zubakwa.” Kuungurana ibitekerezo, kuungaanirana mu rugo, ku
kazi n’ahandi, gukosorana, kuzuzanya no gufatwa kimwe ntaho bidakenerwa. Ni byo bita mu
yandi magambo, uburinganire n’ubwuzuzanye duharanira twese.
5
6
7
8
IGICE CYA I: KUMVA NO GUSESENGURA UMWANDIKO
(Amanota 23)
14) Andika impuzanyito (imvugakimwe) z’aya magambo ziri mu mwandiko (2) (a) Gupfa
(impuzanyito 2) : Kwitaba Imana, gutaha, kwigendera.
(b) Gutunga abagore babiri cyangwa barenze: Guharika (c)
Guha umwana ibere: Konsa.
(d) umugore(impuzanyito 2) : Umufasha, umubyeyi, umutegarugori,
15) Andika ubwoko bw’amagambo aciyeho akarongo (6) (a) Ahaa! Kuva kera
umutegarugori yari afite ijambo.
Ahaa! : amarangamutima
Kera! : umugereka/ingera y’igihe
(b) Dutere udutambwe dutoduto, twegera ibipimo mpuzamahanga
by’uburinganire.
dutoduto : ntera
mpuzamahanga: igisantera
(c) Avuze atya: “umwana w’umukobwa yitabweho nka musaza we. atya :
ingirwanshinga nka : icyungo /ingereranya
11
16) Garagaza intego y’amagambo aciyeho akarongo n’amategeko y’igenamajwi yubahirijwe
(10)
2. Bazane imbyeyi,
Maze zigukamirwe Uwera
Ushime ibihembo ushishe
Umwana yonke anogewe
3. Nihaze abasizi
B’inganzo iboneye, Uwera
Ibyanzu n’ikobyo ryiza
Bihure n’impakanizi
13
5. Bazane amariza
Tuyahamagare, Uwera
Wumve uko yabira urwunge,
Maze ukunde izo mbyukurutse
14
For more visit: www.thinkbig.rw Or write for us on: [email protected] or call us on Tel: +250783482733
IGICE CYA IV : IHANGAMWANDIKO (amanota 15)
Ibyitabwaho mu ngingo :
Ni ingingo zose umukandida ari butange, zifitanye isano n’insanganyamatsiko
yahisemo. Hakarebwa niba zisobanuye cyangwa zisadasobanuye.
***************************************************************************************
15
For more visit: www.thinkbig.rw Or write for us on: [email protected] or call us on Tel: +250783482733